Byitezwe ko Emmanuel Macron ugendera ku bitekerezo byo hagati no hagati aratsinda bitamworoheye umuhezangunikazi ukomeye ku bya kera Marine Le Pen

Noblesse Dusabe

Abafaransa batora mu cyiciro cya kabiri cy'amatora ya perezida mu mujyi wa Montréal muri Canada
Gutora byatangiye ku baba muri Canada no muri Amerika, habura amasaha mbere yuko bitangira mu Bufaransa

Kuri iki cyumweru abatora mu Bufaransa barimo guhitamo niba baha indi manda y’imyaka itanu Emmanuel Macron, w’ibitekerezo biri hagati na hagati, cyangwa kumusimbuza umuhezanguni ukomeye ku bya kera Marine Le Pen.

Nyuma yo kwiyamamaza kwaranzwemo ubushyamirane, Le Pen, w’imyaka 53, ari mu rugamba rukomeye, kuko amakusanyabitekerezo agaragaza ko Bwana Macron, w’imyaka 44, afite amahirwe yuko ashobora kumutsinda amurushaho amanota 10.

Kugira ngo batsinde, bacyeneye kwigarurira abatora bari batoye abandi bakandida mu matora y’icyiciro cya mbere.

Ariko aba ni abategetsi batavugwaho rumwe mu buryo bukomeye mu Bufaransa, kandi kwifata kw’abatora ni ingingo ikomeye ishobora guhindura ibintu.

Abanenga Bwana Macron bavuga ko ari umuntu w’umwirasi (umwiyemezi) ndetse akaba na Perezida w’abakire, mu gihe uwo bahatanye w’umuhezanguni ukomeye ku bya kera yashinjwe kugirana umubano wa hafi na Perezida w’Uburusiya.

Bwana Macron yageze ku butegetsi mu 2017 asezeranya kuzana impinduka mu buryo bwihutirwa, ariko benshi binubira ko na n’ubu batarabona iyo mpinduka. Ubutegetsi bwe bwashegeshwe n’imyigaragambyo, icyorezo cya Covid-19 ndetse n’ibiciro ubu birimo kuzamuka.

Hagati aho, Marine Le Pen yigiye ku makosa yakoze ubwo yatsindwaga bikomeye n’uyu mucyeba n’ubundi mu cyiciro cya kabiri cy’amatora mu 2017.

Iyi ni inshuro ya gatatu agerageje kuba Perezida, kandi aramutse atsinzwe ishobora kuba ari yo nshuro ye ya nyuma abigerageje.

Ikintu gikomeye kitazwi muri aya matora, ni abatora bangana gute baza kwanga gushyigikira buri umwe muri aba bakandida, byaba mu gutora impfabusa cyangwa kutajya ku biro by’itora.

Henshi mu Bufaransa bari mu biruhuko, ndetse ubwitabire bushobora kuba ubwa mbere buri hasi cyane bubayeho mu mateka y’iki gihugu.

Igihe cyo kwiyamamaza cyabaye kigufi, ariko amahitamo ku batora arasobanutse, hagati ya Perezida usanzwe ku butegetsi ushyigikiye ubumwe bw’Uburayi, na mucyeba we utsimbaraye ku gushyira imbere Ubufaransa, ushaka guca umwitandiro wo mu mutwe no kugabanya abimukira.

Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron (iburyo) akaba n'umukandida ushaka kongera gutorwa, hamwe n'umugore we Brigitte Macron (ibumoso), batembera ku mwaro ahitwa Le Touquet, mu majyaruguru y'Ubufaransa, ku itariki ya 23 y'ukwezi kwa kane mu 2022
Ku munsi wabanjirije aya matora, Bwana Macron n’umugore we Brigitte batembereye ku mwaro w’inyanja i Le Touquet mu majyaruguru y’Ubufaransa

Ibiro by’itora mu Bufaransa byafunguye saa mbili za mugitondo (8h) ku isaha yaho, ari na yo yo mu Rwanda no mu Burundi, gutora bikaba byitezwe kurangira mu masaha agera kuri 12 nyuma yaho.

Ibiva mu matora uko biba bimeze kose, ku mugoroba wo kuri iki cyumweru Bwana Macron arageza ijambo ku batora, ari ku birenge by’umunara wa Tour Eiffel.

BBC Gahuza

6 thoughts on “Byitezwe ko Emmanuel Macron ugendera ku bitekerezo byo hagati no hagati aratsinda bitamworoheye umuhezangunikazi ukomeye ku bya kera Marine Le Pen

  1. Wonderful work! This is the type of info that are supposed to be shared across
    the internet. Shame on Google for no longer positioning this
    submit higher! Come on over and seek advice from my site .
    Thanks =)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *